Abayobozi muri Nyamasheke basanze umutekano ari wose muri Nyungwe

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abakozi bako basuye Pariki y’igihugu ya Nyungwe baravuga ko nta kibazo cy’umutekano kiri muri iyi parike, bakanyomoza ibyavuzwe na bimwe mu bihugu by’ amahanga bisabye abaturage babyo kwitonda igihe basura iyi parike.

Bamwe mu bakozi b

Bamwe mu bakozi b’akarere ka Nyamasheke nibwo bwambere batembereye n’amaguru muri pariki ya nyungwe kandi bayituriye

Bamwe mu bakozi b’aka karere bavuga ko batunguwe n’abavuga ko muri iyi Pariki hari umutekano muke, kuko batembereye ibice byayo bitandukanye n’amaguru ari nako bahura n’abanyamahanga batandukanye bari mu bikorwa byabo byo gusura.

Aha ni ho bahera bamara impungenge ibihugu bimwe byagiye bikwirakwiza amakuru avuga ko iyi pariki ndetse nt’intara y’uburengerazuba iherereyemo hakwiye kwitonderwa, bakavuga ko ibyo bavuga ari ibihuha bityo bagashishikariza abifuza kuhakorera ingendo baba ba mukerarugendo n’abandi kuza batikandagira.

Uwitonze Alice ati “Njyewe sinemera ibyo bavuze, kuko nabonye ari amahoro kandi umuntu wese yahagenda uko abyumva.”

Mukeshimana Violette nawe ati “Nkuko mubibona dufite igice kinini cy’iyi Pariki gikora ku karere kacu ka Nyamasheke. ibyo rero bivugwa ngirango uwaba Atari hano yagira ngo ni ibindi, ariko twe tuhegereye tuzi neza ko ntakibazo gihari ari nayo mpamvu twahisemo kuhaza ndetse tukaba twabwira n’abadatuye hafi aha ko ntakibazo cy’umutekano gihari. ibyo bihuha ni ukubyamaganira kure.”

Iki kiraro gihanitse mu kirere kiri muri bimwe mubituma ba Mukerarugendo basura iyi Pariki

Iki kiraro gihanitse mu kirere kiri muri bimwe mubituma ba Mukerarugendo basura iyi Pariki

Mu butumwa butangwa n’ubuyobozi bw’aka karere ka Nyamasheke ni ubwo gukangurira Abanyarwanda n’abanyamahanga muri rusange kutagira impungenge izo ari zo zose kuko aka karere n’igihugu muri rusange hagendwa nkuko bisobanurwa n’umuyobozi w’aka karere Kamali Aime Fabien.

Ati ”Twabwira abaturage bose n’abanyamahanga ko muri Pariki ya Nyungwe n’akarere ka Nyamasheke yewe n’u Rwanda ari Nyabagendwa.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane Dr Richard Sezibera, aherutse kubwira itangazamakuru ko ibihugu bibwira abaturage byabo amakuru atari ukuri bikwiye kubanza bikegera u Rwanda rukabiha amakuru yizewe.

Abasuye iyi Pariki bagize ibihe byiza

Abasuye iyi Pariki bagize ibihe byiza

Bishimiye gukorera umunsi mukuru w

Bishimiye gukorera umunsi mukuru w’abakozi muri Nyungwe

Umuyobozi w

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Kamali Aime Fabien amara abanyarawanda n’abanyamahanga impungenge kubirebana n’umutekano muri Nyungwe

Hari aho abantu bagera bakazamuka nk

Hari aho abantu bagera bakazamuka nk’abagenda ku musozi

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.