AMAFOTO: Perezida Kagame yasize imodoka ye aratungurana muri Bisi rusange agenda aganira

Imwe mu mafoto akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, ni igaragaza Perezida Paul Kagame ari mu modoka rusange (bisi) asa n’uganira na Akinwumi Adesina, uyobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere.

Ni ifoto yafashwe ku wa Mbere tariki 18 Ukuboza mu 2023, ubwo habaga umuhango wo kureba aho umushinga wo kubaka mu Rwanda, Ishami ry’Uruganda rwa BioNtech ruzobereye gukora inkingo ugeze, ndetse no gutaha igice cyarwo cya mbere cyamaze kuzura.

Kimwe mu byagaragariye amaso ya buri wese, ni uko Abayobozi bose bitabiriye uyu muhango bakoresheje imodoka rusange, aho bamwe bazanaga imodoka zabo bwite cyangwa iz’akazi zikabageza kuri Kigali Convention Centre ubundi bakinjira muri bisi zabaga zateganyijwe.

Iyi gahunda kandi yanubahirijwe n’abayobozi bakuru bari muri uyu muhango barimo Perezida Paul Kagame, Perezida wa Sénégal, Macky Sall, uwa Ghana, Nana Akufo-Addo, Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Mottley, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula von der Leyen n’Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Akinwumi Adesina.

Aba bayobozi bakuru bageze i Masoro mu Karere ka Gasabo ahabereye uyu muhango bari mu modoka rusange imwe. Ibintu byatumye benshi batangara kuko bitamenyerewe cyane mu Rwanda ko Abayobozi b’Ibihugu bishobora kugenda mu modoka rusange.

BAKUNZI B’IKINYAMAKURU BABITIMES.COM TURAGUSABA KUDUSHYIGIKIRA UGAKANDA HANO MAZE UKORE FOLLOW NA LIKE KURI FACEBOOK PAGE YA BABI TIMES KUGIRANGO AMAKURU AJYE AKUGERAHO MBERE AKIRI MASHYA 
BAKUNZI B’IKINYAMAKURU BABITIMES.COM TURAGUSABA KUDUSHYIGIKIRA UGAKANDA HANO MAZE UKORE FOLLOW NA LIKE KURI INSTAGRAM YA BABI TIMES KUGIRANGO AMAKURU AJYE AKUGERAHO MBERE AKIRI MASHYA
Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.