Amakipe n’abakinnyi ku isi hose bahurije mu kwamagana urupfu rwa George Floyd (AMAFOTO)

Isi yose ikomeje gufatanya mu kwamagana ihohoterwa rikorerwa abirabura, aho byakajije umurego nyuma y’urupfu rw’umwirabura George Floyd.

Ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi 2020, ni bwo hatangiye gukwirakwizwa amashusho y’Umwirabura aryamye hasi, atsikamiwe ku ijosi n’umupolisi w’umuzungu muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya Minnesota mu mujyi wa Minneapolis.

Abakinnyi ba Liverpool mu rwego rwo kwifatanya na George Floyd ndetse no kwamagana urupfu rwe

Abakinnyi ba Liverpool mu rwego rwo kwifatanya na George Floyd ndetse no kwamagana urupfu rwe

Ibi byatumye muri Leta Zunze za Amerika hatangira imyigaragambyo yo kwamagana uru rupfu ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abirabura, ibi bikaba byarageze no mu bakinnyi b’umupira w’amaguru.

Abigaragambya benshi bakoresha ijambo “BlackLivesMaters” bivuga ngo “Ubuzima bw’umwirabura bufite agaciro”, ijambo ryanakoreshejwe na miliyoni z’abatuye isi ku mbuga nkoranyambaga barwanya ubu bwicanyi.

Muri shampiyona y’u Budage, abakinnyi barimo Jadon Sancho ndetse na Marcus Thuram bagaragaye bamagana uru rupfu ndetse biza kugera no mu yandi makipe uhereye kuri Liverpool, Chelsea, Barcelona ndetse na Simba yo muri Tanzania.

Muri iyi shampiyona y’u Budage kandi, abakinnyi barimo Jadon Sancho bahawe amakarita y’umuhondo ubwo yakuragamo umupira akerekana amagambo yo gusabira ubutabera George Floyd, gusa ariko FIFA yaje gusaba amashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi korohera abatanga ubu butumwa bwamagana irondaruhu.


Ikipe ya Fc Barcelona na yo yatanze ubutumwa bwamagana irondaruhu

Ikipe ya Fc Barcelona na yo yatanze ubutumwa bwamagana irondaruhu


Abakinnyi ba Chelsea mu myitozo na bo bapfukamye ariko banamagana urupfu rwa George Floyd

Abakinnyi ba Chelsea mu myitozo na bo bapfukamye ariko banamagana urupfu rwa George Floyd


Frenkie de Jong ukinira FC Barcelona na we yatanze ubutumwa bwamagana irondaruhu

Frenkie de Jong ukinira FC Barcelona na we yatanze ubutumwa bwamagana irondaruhu


Marcus Thuram na we yaciye bugufi aha icyubahiro George Floyd

Marcus Thuram na we yaciye bugufi aha icyubahiro George Floyd


Ikipe ya New Castle na yo yifatanyije n'abandi

Ikipe ya New Castle na yo yifatanyije n’abandi


Marcus Rashford na we ari mu bashenguwe n'uru rupfu, yongera kwibutsa ko ubuzima bw'abairabura bufite agaciro

Marcus Rashford na we ari mu bashenguwe n’uru rupfu, yongera kwibutsa ko ubuzima bw’abairabura bufite agaciro


Simba Sports Club yo muri Tanzania na yo yifatanyije n'isi yose

Simba Sports Club yo muri Tanzania na yo yifatanyije n’isi yose


Jadon Sancho wa Borussia Dortmund na we yatsinze igitego atanga ubutumwa busabira ubutabera George Floyd

Jadon Sancho wa Borussia Dortmund na we yatsinze igitego atanga ubutumwa busabira ubutabera George Floyd
Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.