Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda yemereye abibasiwe n’ibiza inkunga ya Miliyoni 50 RWF

Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda Peter Vrooman, yemereye akarere ka Ngororero inkunga y’amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 50, mu rwego rwo gufasha imiryango yasenyewe n’imvura.

Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yihanganishije abagizweho ingaruka n

Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Vrooman, yihanganishije abagizweho ingaruka n’ibiza

Ni ubutumwa yatanze anyujije kuri Twitter ku mugoroba wo ku itariki 15 Gicurasi 2020 yifashishije video, aho yabutanze mu rurimi rw’Ikinyarwanda asanzwe akoresha.

Yagize ati “Kubera imvura nyinshi y’itumba, Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi MINEMA, ivuga ko ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage byagezweho n’ingaruka yatewe n’umwuzure, kandi yangiza n’ibintu byabo. Uyu munsi nemeye Miliyoni hafi 50 z’Amanyarwanda”.

Akomeza agira ati “Ni amafaranga azifashishwa mu gutanga ubutabazi bw’ibanze ku bantu basenyewe n’imvura. Aya mafaranga azafasha imiryango yagaragajwe na MINEMA, kugira ngo babone ibikoresho bikenewe”.

Ambasaderi Vrooman, avuga ko iyo ari inkunga ya USAID izahabwa Care International kugira ngo itange ubutabazi hose mu Karere ka Ngororero.

Ati “Iyi ni inkunga ya USAID izahabwa Care International, kugira ngo itange ubutabazi hose mu Karere ka Ngororero. Ibyo bikoresho birimo amasafuriya, ibiringiti, inzitiramibu, matora, ibikoresho by’isuku n’ibindi. Mube amahoro”.

Iyo nkunga, itanzwe mu gihe imvura iherutse kugwa yatwaye ubuzima bw’abantu 72 mu turere tunyuranye tugize Intara y’Amajyaruguru, Iburengerazuba n’Amajyepfo, inasenya inzu zigera mu 1000 z’abaturage, ubu bamwe bakaba bacumbikiwe mu bigo by’amashuri no mu miryango mu baturanyi.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.