Igihe cyo gufungura insengero n’utubari ntikiragera – Prof Anastase Shyaka

Kuva kuwa mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, imwe mu mirimo yari yarahagaze hagamijwe kwirinda icyorezo cya Covid-19 yarakomorewe. Abajya kuri iyo mirimo, basabwe gukomeza gukurikiza amabwiriza yo kwirinda arimo gukaraba intoki no gukomeza kugira isuku, kwambara udupfukamunwa, gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, n’ibindi.

Igihe cyo gufungura insengero n’utubari ntikiragera – Prof Anastase Shyaka Read More

Musanze: Abantu 150 batwara abagenzi ku magare bahawe inkunga y’ibiribwa

Abantu 150 batwara abagenzi ku magare mu karere ka Musanze bashyikirijwe inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku. Buri wese yahawe ifu ya kawunga, umuceri n’ibishyimbo; kuri buri bwoko bw’ibi biribwa agahabwa ibiro bitanu byabyo byiyongeraho amavuta, umunyu n’umuti w’isabune.

Musanze: Abantu 150 batwara abagenzi ku magare bahawe inkunga y’ibiribwa Read More

Dore ingingo eshatu zaganiriweho mu nama yahuje FERWAFA n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri

Ingingo eshatu ari zo: Gutegereza icyorezo cya Covid-19 kikarangira shampiyona igasubukurwa, gukina imikino ya kamarampaka ku makipe ane ya mbere muri buri tsinda uko akurikirana uyu munsi, no gusesa burundu shampiyona, ni zo ngingo zibanzweho mu nama yahuje ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’abayobozi b’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri.

Dore ingingo eshatu zaganiriweho mu nama yahuje FERWAFA n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri Read More