COVID-19: Ibyo ukwiye kwitaho igihe ugiye muri ‘salon de coiffure’

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe inzu zitunganya imisatsi n’uburanga zongeye gufungura, ari ingenzi ko mu gihe abantu bagiye guhabwa serivisi, babikora bagendeye ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.


Binyuze kuri twitter, Polisi y’u Rwanda yagaragaje bimwe mu bintu by’ingenzi umuntu ugiye gusaba serivisi mu nzu zitunganya imisatsi n’uburanga agomba kwitaho.

Polisi ivuga ko ari ngombwa ko mbere yo kujya gusaba serivisi mu nzu zitunganya imisatsi n’uburanga, umuntu abanza gusaba gahunda mbere.

Abafite bene izo nzu basabwa gusaba abakiliya babo kujya babanza kubahamagara cyangwa bagakoresha ubundi buryo bw’ikoranabuhanga, bagateguza mbere y’uko bajya gusaba serivisi.

Abafite inzu zitunganya imisatsi n’uburanga basabwa gupima umuriro abakozi bakoresha ndetse n’abakiliya babagana.

Guhana intera mu nzu zitunganya umusatsi n’uburanga bigomba kuba umuco. Polisi y’u Rwanda ivuga ko guhana intera nibura ya metero imwe bigomba gukomeza kubahirizwa, intebe z’abari guhabwa serivisi zigatandukana ku buryo nibura hagati yazo haba harimo intera ya metero imwe.

Kubera ko gukumira icyorezo cya Covid-19 bisaba isuku ihagije, Polisi y’u Rwanda isaba abafite inzu zitunganya imisatsi n’uburanga gusukura ibikoresho kandi bakamenya neza ko intebe y’umukiliya isukuye neza n’imiti yabugenewe.

Abatanga serivisi mu nzu zitunganya imisatsi n’uburanga bagomba kwambara udupfukamunwa, ndetse n’abakiliya babo aho bishoboka.

Abatanga serivisi ndetse n’abakiliya bagomba gukaraba intoki bakoresheje amazi meza n’isabuni, cyangwa imiti isukura intoki.

Polisi y’u Rwanda yibutsa abantu ko haramutse hari ubonyeumuntu unyuranya nn’aya mabwiriza yayimenyesha ahamagara 112, cyangwa se 0788311155 (iri no kuri whatsapp).

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.