Ethiopia: Inka bayisanzemo ibiro 50 by’amashashi

Abavuzi batandatu b’amatungo muri Ethiopia bakuye ibiro 50 by’amashashi mu gifu cy’inka nyuma y’amasaha atatu.


Itsinda ry’abo baveterineri ryari riyobowe na Dr Firaol Waaqoo, wabwiye BBC ko bamaze amasaha atatu yose bari kubaga inka mu nda.

Dr Firaol ati “Inka ni nzima kandi ifite ubuzima bwiza rwose”.

Dr Firaol akomeza avuga ko muri Ethiopia inka zibura icyo zirisha zikarya amashashi, ibi kandi ngo biragoye kubirwanya kuko abaturage baho bakoresha amashashi cyane kandi bakayajugunya aho babonye bikaba biteye impungenge ku buzima bw’amatungo.

Mu kwezi gushize, nyir’iyo nka yarusimbutse na bwo yajyanye indi nka kwa muganga w’amatungo bayivanamo ibiro 20 by’amashashi mu gifu.

Abanya Ethiopia b’aba Borana bo mu gace ka Oromo batunzwe ahanini n’ubworozi, ariko akarere batuyemo gafite ubutaka busharira n’imvura nke cyane.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.