France: Urwandiko yanditse agiye kwiyahura rwaguzwe miliyoni 230frw

Urwandiko umusizi w’Umufaransa wo mu kinyejana cya 19 witwa Charles Baudelaire yanditse avuga ko agiye kwiyahura rwaguzwe ibihumbi 267$ ahwanye na miliyoni zisaga 230Frw.

Uri ni rwo rwandiko Charle Baudelaire yanditse abwira ihabara ye ko agiye kwiyahura

Uri ni rwo rwandiko Charle Baudelaire yanditse abwira ihabara ye ko agiye kwiyahura

Ni urwandiko yanditse ku itariki 30 Kamena mu 1845, arwandikiye Jeanne Duval wari ihabara ye.

Icyo gihe Charles Baudelaire yarafite imyaka 24 ubwo yandikiraga uwo mukobwa, amubwira ko arambiwe kubaho, nyamara kwiyahura ntibyamuhiriye.

Umusizi Baudelaire yagerageje kwiyahura yitera ibyuma mu gatuza, ariko ntiyashobora kuzuza umugambi we wo kwiyica, ndetse yaje kubaho indi myaka 22, apfa mu 1867 afite imyaka 46 azize indwara ya syphilis ifata mu myanya ndangagitsina.

Mu ibaruwa ye, Baudelaire yabwiraga Jeanne Duval ko agiye kwivutsa ubuzima, agira ati: “Iyi baruwa urajya kuyisoma ntakiriho……Ndiyahuye kubera ko sinkifuza kubaho no gukomeza kwikorera umutwaro wo gusinzira bwacya ngakanguka bityo bityo.”

Igisigo cya Charles Baudelaire kirekire yise ‘Les Fleurs du Mal’, ni cyo cyamugize icyamamare cyane, ndetse aba isoko y’inganzo ku basizi benshi b’Abafaransa.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.