Ikirere cya Kigali cyarakaye

Mu gihe Kigali imaze iminsi irangwa n’imicyo ndetse n’ubushyuhe, kuri uyu wa Mbere ikirere cyahindutse kuva mu gitondo bitewe n’ibicu byagaragaraga ko bishaka gutanga imvura.

Iyo mvura yaje kugwa guhera mu masaha yo ku manywa ikomeza no ku gicamunsi, hamwe ndetse ikaba igejeje ku mugoroba igitonyanga.

Usibye imvura kandi, humvikanaga n’ubukonje, bituma abantu batangira gushaka uko berekera mu ngo cyane ko n’isaha ya saa moya yo kuba abantu bageze mu rugo yagendaga yegereza.

Aya ni amwe mu mafoto agaragaza uko ikirere cya Kigali cyasaga kuri uyu wa Mbere.

Mu Mujyi rwagati ni uku hasaga

Mu Mujyi rwagati ni uku hasaga



Mu gace gaherereyemo ibitaro byitiriwe Umwami Faisal, hakurya ni Kigali Convention Centre no ku Nteko Ishinga Amategeko urebeye i Nyarutarama ni uko hasaga

Mu gace gaherereyemo ibitaro byitiriwe Umwami Faisal, hakurya ni Kigali Convention Centre no ku Nteko Ishinga Amategeko urebeye i Nyarutarama ni uko hasaga


Mu muhanda i Nyamirambo

Mu muhanda i Nyamirambo

Ibinyabiziga ku mugoroba byasiganwaga bitaha

Ibinyabiziga ku mugoroba byasiganwaga bitaha


Usibye i Kigali, iyi mvura yageze n’ahantu hatandukanye mu Ntara. Aha muri aya mafoto ari hepfo ni i Nyagatare mu Burasirazuba.



Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.