Juno Kizigenza yagize isabukuru y’amavuko Ariel Wayz bakundanyeho aba uwambere kuyimwifuriza mu tugambo turyohereye ahita amushimira inshuro miliyoni

Mu masaha macye ashize nibwo umuhanzi w’icyamamare Juno Kizigenza yagaragaje ko uyu ariwo munsi we w’amavuko , maze Ariel Wayz afata iyambera ayimwifuriza mu magambo aryohereye , bidatinze uyu musore nawe ahita aza muri Comment amushimira inshuro miliyoni.

Juno Kizigenza na Ariel Wayz ni bamwe mu banyarwanda bagize kupure yakunzwe na benshi babifuriza kuzabana gusa rubanda baza gutungurwa n’iswana ryabo ryabaviriyemo gutandukana bikavugisha benshi.

Ubwo bari bari mu rukundo aba bombi barafatanyije bahurira mu ndirimbo yitwa ‘Away’ yakunzwe cyane kuburyo yamaze igihe kitari gito iyoboye , ihabwa ibihembo ndetse ituma aba bari bari kuzamuka amazina yabo akomera cyane , nuko nyuma yo gushwana isigara mu mitwe ya benshi harimo niyaba nyirayo.

Kuri ubu rero ubwo Juno yagaragazaga ko ku myaka ye y’amavuko hiyongereyeho undi , Ariel yashyize ifoto yabo bombi bari kumwe ayivanga n’indirimbo ‘Away’ bakoranye maze arenzaho amagambo meza agira Ati: “Isabukuru nziza nshuti yanjye , ukubere uwibyishimo gusa”

Juno nawe niyatinze kubibona kuko yahise ajya aho batangira ibitekerezo n’inyunganizi (muri comments) amusubiza mu mwuka mwiza agira Ati : “Urakoze inshuro miliyoni , Kunyifuriza ibyiza kwawe kurihariye .”

Juno kizigenza yagize isabukuru y’amavuko

BAKUNZI B’IKINYAMAKURU BABITIMES.COM TURAGUSABA KUDUSHYIGIKIRA UGAKANDA HANO MAZE UKORE FOLLOW NA LIKE KURI FACEBOOK PAGE YA BABI TIMES KUGIRANGO AMAKURU AJYE AKUGERAHO MBERE AKIRI MASHYA 
BAKUNZI B’IKINYAMAKURU BABITIMES.COM TURAGUSABA KUDUSHYIGIKIRA UGAKANDA HANO MAZE UKORE FOLLOW NA LIKE KURI INSTAGRAM YA BABI TIMES KUGIRANGO AMAKURU AJYE AKUGERAHO MBERE AKIRI MASHYA
Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.