Kuki u Bufaransa bwifuza ko Mushikiwabo ayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa?

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa kandi kandidatire ye ishyigikiwe na Leta y’u Bufaransa.

Mushikiwabo uhabwa amahirwe yo kuyobora umuryango w

Mushikiwabo uhabwa amahirwe yo kuyobora umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa

Amakuru agera kuri Jeune Afrique yemeza ko Mushikiwabo aziyamamaza mu nama ya 12 iteganijwe ku itariki ya 11 Ukwakira uyu mwaka.

U Bufaransa ngo bwizera ko Mushikiwabo yagira uruhare rukomeye mu kuzahura uyu muryango usa n’ugenda ucika intege,kubera uburyo wari umaze igihe uyoborwa bidatanga icyizere.

Icyo kinyamakuru kivuga ko u Bufaransa bwabanje no kugisha inama ubuyobozi bw’u Rwanda bukabyemera, mbere y’uko u Bufaransa butangira kumushakira amajwi.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.