Kwizera w’imyaka 26 y’amavuko ageze ku gishoro cya Miliyari

Kwizera Christelle wakoze umushinga wo kugeza amazi meza ku baturage akoresheje ikoranabuhanga bise ‘Inuma’ aratangaza ko ageze ku gishoro cya Miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.

Kwizera yagiye atsindira ibihembo bitandukanye bikarushaho kumwongerera ishoramari

Kwizera yagiye atsindira ibihembo bitandukanye bikarushaho kumwongerera ishoramari

Kwizera avuga ko nibura amazi meza atanga amaze kugera ku Banyarwanda basaga ibihumbi 65 kandi akaba akomeje ku buryo intego ye y’igihe kirekire ari uko azanageza amazi ku baturage bo mu bindi bihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Kwizera avuga ko hifashishijwe ikoranabuhanga ry’imirasire y’izuba, buri vomo ry’amazi rikoze ku buryo amazi aba asukuye adakeneye kongera gutekwa igihe cyo kuyanywa ibyo bikaba bituma amazi atanga agira uruhare mu kurwanya indwara zikomoka ku mwanda.

Avuga ko nyuma yo kurangiza mu ishami ry’ikoranabuhanga yateguye umushinga wo gukwirakwiza amazi akoresheje uburyo bwo kuyakogota mu kuzimu akayageza ku baturage.

Ku kazu gacururizwamo aya mazi Inuma, litiro iba igura ifaranga rimwe kandi ugura ahwanye n

Ku kazu gacururizwamo aya mazi Inuma, litiro iba igura ifaranga rimwe kandi ugura ahwanye n’ubushobozi bwawe

Kugira ngo amazi agere ku baturage baza kuyagurira ku mavomo yubatse hirya no hino hanyuma abayashaka mu rugo na bo bakaba bayatunga bishyura ifaranga rimwe kuri Litiro y’amazi ni ukuvuga 20frw ku ijerikani imwe.

Agira ati, “Abanyarwanda babarirwa mu bihumbi bisaga 67 ni bo twagejejeho amazi. Nterwa ishema no kubona ubuzima bw’abaturage bwarahindutse kubera ko tubagezaho amazi, nterwa ishema no kuba mfasha igihugu guteza imbere abaturage bacyo”.

Yongeyeho ati “Nshimira Leta itaduheza kuko natangiye umushinga wanjye mfite imyaka 20 kandi ntangira nkora ibintu bidasanzwe kandi ndi mutoya ariko nterwa ishema no kuba mbigezeho nshimira n’abamfashije ngo umushinga wanjye ushyigikirwe maze ufashe Abanyarwanda”.

Aya mazi ashobora kunyobwa nta kuyateka kuko aba asukuye kubera ikoranabuhanga

Aya mazi ashobora kunyobwa nta kuyateka kuko aba asukuye kubera ikoranabuhanga

Kwizera avuga ko iyo abaze amafaranga bishyura amazi, ibikorwa remezo amaze gukora n’ibihembo amaze guhabwa mu marushanwa atandukanye ndetse n’inyungu yagiye abona mu mushinga akongera kuzishora bituma nibura abara ko atunze Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda.

Hari isomo urubyiruko rwakura kuri Kwizera

Kwizera avuga ko urubyiruko rw’u Rwanda rudakwiye kwiheba kubera ibibazo ruhura na byo kuko muri ibyo bibazo ari ho hahishe ibisubizo by’ibyo rukeneye kandi nirwiyemeza guhangana n’ibyo bibazo bazagera kuri ibyo bisubizo.

Agira ati, “Abantu ku Isi bakeneye amazi no mu Rwanda amazi arakenewe ni ikibazo abantu bafite nabyaje amahirwe ikibazo cyabo cyabaye amahirwe yanjye kuko ngeze ku gishoro cy’amafaranga menshi ndacuruza nkunguka kandi ngasubiza ibibazo abantu bafite”.

Ukeneye amazi yishyura mbere amafaranga ahwanye n

Ukeneye amazi yishyura mbere amafaranga ahwanye n’amazi akeneye hakoreshejwe mubazi zabugenewe

Ati “Urubyiruko nirumenye ko ikibazo rubonye kitagomba gusubizwa n’undi gusa, imbogamizi babonye nibazibonemo amahirwe nibagerageza ku Isi biragoye ko abantu bazongera guhabwa akazi, ni twe tugomba kwishakamo ibisubizo by’ibibazo dufite”.

Umushinga wa Christelle Kwizera ukoresha abakozi bari hejuru ya 30 bahoraho kandi ku mavomo abayakoresha na bo babonye akazi, ubu akaba ateganya kwagura ibikorwa bye mu gihugu hose no hanze aho ateganya nibura kuzakorera mu bihugu 12 bya Afurika.

Abagura aya mazi baba ari benshi. Kwizera yishimira kuba umushinga we warakemuye ikibazo cy

Abagura aya mazi baba ari benshi. Kwizera yishimira kuba umushinga we warakemuye ikibazo cy’amazi kandi bikamuha n’inyungu

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.