Menya imyenda ikunzwe na benshi muri iki gihe

Buri mwaka ugira imyambaro ikundwa kugerwaho kurusha iyindi. Uko imyaka yagiye igenda ni ko imwe ivaho hakaza indi. Muri 2020 hari imyenda igezweho kurusha indi haba ku bakobwa ndetse n’abahungu.


Tuganira n’umucuruzi w’imyenda muri CHIC, Rutayisire Noella yatubwiye imyenda iri kugurwa na benshi muri iyi minsi.

Colan (kora) ngufi na T-shirt


Aha hambarwa colan (kora) igeze mu mavi izi bakunze kwita bicycle cyangwa biker kuko aya ma colan agera mu mavi yambarwa abatwara amagare.

Amakoti manini


Aya yambarwa ku makanzu cyangwa se ku ipantalo isanzwe, ariko uyambaye akarenzaho ikoti ririni risa n’aho ritamukwiriye neza.

Amasakoshi mato



Kuri ubu abakobwa n’abagore benshi usanga bari kugura amasakoshi mato kuko ni yo agezweho, bitandukanye n’imyaka yashize aho hakundwaga amasakoshi manini.

Amapantalo ya ‘boyfriend’



Aya mapantalo yambarwa n’abakobwa ameze nk’ayabahungu, aba ari manini ariko afashe mu nda honyine. Impamvu yitwa boyfriend, ni uko ubusanzwe yambarwa n’abahungu.

Inkweto ndende z’abahungu ‘sneakers’


Bigezweho ko umuntu yakwambara ikanzu agashyiraho inkweto z’abahungu zo hasi kandi ari umukobwa, ku ndende izo bita ‘high heels’ za kera ni zo zagarutse.

Ku bahungu na ho imyenda iratandukanye n’iy’abakobwa kandi ikagendera ku bihe.

Amashati y’amaboko magufi bakunze kwita ‘Miami’



Aya mashati y’amaboko magufi yitwa Miami kubera ko ako gace muri Leta zunzwe ubumwe za Amerika gafite igice kinini kiri ku mazi.

Amasengeri ya ‘Kobe Bryant’


Umukinnyi wa basketball Kobe Bryant wapfuye mu ntangiriro z’uyu mwaka ni we wambaraga numero 7 na 24 akinira ikipe ya Laker. Nyuma y’urupfu rwe abantu benshi baguze isengeri yambaraga.

Amasogisi n’inkweto zifunguye


Iyi myambarire ubusanzwe imenyerewe mu rugo, ariko kuri ubu irambarwa bagasohoka.

Inkweto za ‘Air Jordan 1’ na ‘Air Force’ z’umweru



Ku basore kimwe n’abakobwa, ubu inkweto zifunze za Air Jordan 1 ndetse na Air Force zariho zose mbere, ariko zigezweho cyane kuri ubu.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.