Nyagatare: Abagomba gutura mu mudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe bawurayemo

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko aba mbere mu bagomba gutuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe batangiye kuwugeramo ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.

Hagati mu mudugudu harimo umuhanda wa kaburimbo

Hagati mu mudugudu harimo umuhanda wa kaburimbo

Ni umudugudu wubatswe mu Kagari ka Gicuro mu Murenge wa Tabagwe ukaba uzatuzwamo imiryango 64 irimo abagize uruhare mu kubohora igihugu, abasirikare bamugariye ku rugamba n’abandi baturage batishoboye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyagatare.

Ibikorwa birimo ni inzu zo guturamo, inzu mberabyombi, ivuriro ry’ibanze, irerero (ECD), ibibuga by’imikino, ubworozi bw’inka, ubuhinzi bw’ubwatsi bw’amatungo, ubuhinzi bw’imbuto, n’ubundi busanzwe, n’ubworozi bw’inkoko.

Uwo muyobozi yabwiye Kigali Today ati “Ibikorwa birimo ni byinshi gusa harimo ubuhinzi bw’inanasi n’imyembe, inka 64 zamaze kugeramo n’ubwatsi bwazo burahari, inkoko zirimo, bafite ubutaka bazahinga n’indi myaka nk’ibishyimbo, aho abana bigira ndetse n’aho iyo miryango izivuriza.”

Umudugudu w’icyitegererezo wa Tabagwe uri ku buso bwa hegitari 76.

Aho abana bazajya bakinira imikino itandukanye

Aho abana bazajya bakinira imikino itandukanye

Amashuri abana bazigiramo

Amashuri abana bazigiramo

Zimwe mu nzu zo mu mudugudu w

Zimwe mu nzu zo mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicuro

Inzu bazaturamo

Inzu bazaturamo

Inzu mberabyombi yo gukoreramo ibiganiro, inama n

Inzu mberabyombi yo gukoreramo ibiganiro, inama n’ibindi

Bimwe mu bibuga by

Bimwe mu bibuga by’imikino

Imbere mu irerero ry

Imbere mu irerero ry’abana b’incuke

Ibiraro by

Ibiraro by’inka

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.