Perezida Kagame yagizwe umwe mu bazashakisha icyateza imbere urubyiruko ku isi

Perezida Paul Kagame yemeye kuba umwe mu bayobozi ba gahunda y’Umuryango w’Abibumbye igamije gushaka icyafasha urubyiruko gutera imbere.

Perezida Kagame yabaye umwe mu bayobozi b

Perezida Kagame yabaye umwe mu bayobozi b’itsinda rya UN ryitwa “Generation Unlimited”

Iyo gahunda yiswe “Generation Unilimited” yatangirijwe i New York, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Nzeri 2018.

Perezida Kagame yavuze ko nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero yarwo kubera kubura amahirwe. Ariko atanga ikizere ko Iyo gahunda iziye igihe.

Yagize ati “Gahunda yo guteza imbere urubyiruko twagejejweho n’Umunyamabanga Mukuru ndetse n’Ubishinzwe ni intambwe ikomeye kandi iziye igihe.”

Perezida Kagame yavuze ko biba bibabaje iyo urubyiruko runaniwe kugera ku ntumbero rwihaye kubera kubura amahirwe

Perezida Kagame yavuze ko biba bibabaje iyo urubyiruko runaniwe kugera ku ntumbero rwihaye kubera kubura amahirwe

Yavuze ko Umuryango w’Abibumbye utagirira akamaro abaturage bose udafite igisubizo cy’ibyifuzo by’urubyiruko dufite hirya no hino ku Isi.

Ati “Guha urubyiruko ubumenyi, imyumvire, n’ubushobozi bukenewe kugira ngo batsinde ni kimwe mu ngingo zihutirwa muri politiki z’ibihugu nk’icyacu cy’u Rwanda.”

Yongeyeho ko kandi ibitekerezo by’urubyiruko bizakomeza guhabwa agaciro hirya no hino ku Isi, asaba ubufatanye hagati ya za leta n’abikorera kugira ngo ibyifuzo bya gahunda ya “Generation Unlimited” bishyirwe mu ngiro.

Perezida Kagame waherekejwe na Madame Jeannette Kagame ari i New York aho yitabiriye inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bitabiriye itangirwa ry

Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bitabiriye itangirwa ry’itsinda rya “Generation Unlimited”

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.