RIB yaburiye abanyamakuru batangaza ibivugwa na Barafinda kuko “arwaye mu mutwe”

Barafinda Sekikubo Fred

Barafinda Sekikubo Fred

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col Ruhunga Jeannot, yaburiye abanyamakuru cyane cyane abakorera kuri YouTube, abasaba kutongera gutangaza ibyo Barafinda ababwira, kuko ngo byabashyira mu byago byo gukurikiranwa n’amategeko.

Mu kiganiro Col Ruhunga Jeannot yagiranye n’abanyamakuru ku wa kabiri yagize ati “Barafinda twashoboraga kumufata nk’umunyabyaha kuko ibintu yavugaga biganisha ku byaha, ariko igihe twatangiraga kumubaza wabonaga ko afite ibibazo byo mu mutwe, twahise twitabaza ibitaro bishinzwe gusuzuma indwara zo mu mutwe.

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col. Jeannot Ruhunga

Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Col. Jeannot Ruhunga

Yamazeyo igihe abaganga barasuzuma batubwira ko koko afite ikibazo cy’indwara yo mutwe ikomeye itashobora gukira, ko ayimaranye igihe ariko bashobora kumugabanyiriza ubukana”.

Col Ruhunga avuga ko bitangaje kubona abanyamakuru babwiwe ko uwo muntu arwaye mu mutwe, ariko bakishimira kumubaza amakuru ndetse bakanayatangaza.

Ati “Ndabasaba ko mugira ubumuntu mugashyira mu gaciro kuko niba mubona umuntu afite ibibazo, ntabwo ari byo mukwiriye gucuruza kuko mushobora kugera aho namwe mwakurikiranwa n’amategeko, ibi nabyita gushinyagura”.

Umunyamabanga Mukuru wa RIB asaba abanyamakuru kwigengesera bakareka kujya gucuruza ‘uburwayi bwa Barafinda’, ndetse no kwamagana umuntu wese washaka gutangaza ibyo yavuze.

Barafinda Sekikubo Fred, mbere yo gutanga kandidatire yo kwiyamamariza kuba umukuru w’Igihugu muri 2017, ubwe yigeze kubwira itangazamakuru ko yigeze kujya kuvurirwa mu bitaro by’abarwayi bo mu mutwe by’i Ndera mu karere ka Gasabo.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.