RIB yafunze abagabo 40 bakekwaho gutera inda abangavu

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2020, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe abagabo 40 bakekwaho gusambanya abana b’abangavu bakabatera inda, mu mirenge yose igize Akarere ka Rusizi.


Umuvugizi wa RIB, Marie Michelle Umuhoza, yabwiye Kigali Today ko iyi ari gahunda ihuriweho n’inzego zinyuranye cyane cyane iz’umutekano, ikaba igamije kurwanya ibyaha.

Umuhoza kandi avuga ko iyi gahunda yatangiriye mu Karere ka Rusizi, ariko ikazakomereza no mu tundi turere.

Yavuze ko aba bose batawe muri yombi, biturutse ku makuru yagiye atangwa n’abaturage muri rusange, harimo n’abana batewe inda.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.