Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda zakoze umuganda mu mujyi wa Juba

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku wa gatandatu tariki 28 Nzeri 2019 zakoze umuganda zifatanyije n’izindi ngabo z’amahanga n’abayobozi n’abaturage bo mu mujyi wa Juba.


Nyuma y’icyo gikorwa, Umuyobozi wungirije w’inama y’ubutegetsi ya Juba, THIIK THIIK Mayardit, yabwiye abanyamakuru ko ubuyobozi bwa Juba bwishimiye ibikorwa by’ingabo z’Umuryango w’abibumbye n’iz’u Rwanda by’umwihariko, byaba ibyerekeranye no kurinda umutekano w’abaturage n’ibyerekeranye no gusukura umujyi wa Juba.


Umuyobozi w’ingabo za UNMISS zikorera i Juba, Brig Gen Eugene Nkubito, yashimiye ubuyobozi bw’Umujyi wa Juba n’abandi bose bitabiriye umuganda kubera umwanya wabo batanze bakawuharira icyo gikorwa kigamije kubungabunga ibidukikije n’isuku mu mujyi wa Juba.

Brig Gen Eugene Nkubito yashishikarije abaturage ba Juba kugira umuco bene ibyo bikorwa by’isuku.


Ubuyobozi bw’umujyi wa Juba bwiyemeje ko buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi buzajya bukora umuganda. Ni igitekerezo ubwo buyobozi bwigiye ku Rwanda mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.

Mu bandi bitabiriye umuganda wo ku wa gatandatu ushize harimo ingabo zo mu Bushinwa, izo muri Ethiopia, n’izo muri Nepal.


Amafoto: Minisiteri y’Ingabo

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.