Tanzania: Inkweto ndende n’inzara ndende ntibyemewe ku bakozi ba Leta

Ubuyobozi bw’igihugu cya Tanzania bwasohoye amabwiriza ngenderwaho mashya agenga imyambarire ku bakozi ba Leta. Aya mabwiriza mashya abuza kwambara inkweto ndende mu biro bya Leta cyangwa mu bikorwa bya Leta ibyo ari byo byose ku bakozi ba lLta, cyane cyane ibirenze santimetero eshanu.


Naho ku byerekeye inzara, abakozi ba Leta muri iki gihugu ubu ntibemerewe kugira inzara ndende haba ku bagabo cyangwa abagore.

Ikindi ni uko ku abagore bakunda gusiga inzara zabo vernis batemerewe kuvanga amabara nk’uko bamwe bakunze kubigenza, ndetse no ku misatsi yaba ku bagabo cyangwa abagore ntabwo byemewe gusigamo amabara cyangwa ngo biyogosheshe bidasanzwe.

Ikinyamakuru Habari Leo, cyavuze ko izi mpinduka zatangiye gushyirwa mu bikorwa ku mugaragaro muri uku kwezi kwa Nyakanga 2020.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.