U Rwanda rwateye inkunga Malawi ya 200,000$ yo guhashya ibiza

Guverinoma ya Malawi yashimiye u Rwanda nyuma yo kuyitera inkunga ingana n’ibihumbi magana abiri by’amadolari (200,000$), agamije gufasha iki gihugu mu guhangana n’ingaruka z’ibiza.

Ambasaderi Monique Mukaruriza atanga sheki y

Ambasaderi Monique Mukaruriza atanga sheki y’ibihumbi magana abiri by’amadolari

Ubutumwa bugaragara kuri twitter ya guverinoma ya Malawi buragira buti “Warakoze Guverinoma y’u Rwanda kuduha Sheki ya 200,000$ (angana na 181,176,356 z’Amanyarwanda) yo guhashya ingaruka z’ibiza. Malawi yishimiye iki kimenyetso kigaragaza ubuvandimwe buri mu bihugu bya Afurika. Ntabwo tuzabyibagirwa.”

Abayobozi mu muryango w’abibumbye, ukwezi gushize bavuze ko byibura abantu 115 bapfuye muri Mozambique, Malawi no muri Afurika y’Epfo, nyuma y’uko imvura nyinshi ikoze ku bagera ku 843,000 mu gace k’Amajyepfo ya Afurika bagasaba ubufasha bwihuse bwo gufasha mu guhangana n’iki kibazo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, asubije KT Press agira ati “Iki ni ikimenyetso Guverinoma y’u Rwanda yakoze ishyigikira biriya bihugu bitatu byakozweho.”

Ibindi bihugu bikomeje gushyigikira ibihugu byakozweho, harimo na Zambiya yahaye ibyo kurya Malawi.


Zambiya nayo yatanze ibyo kurya

Zambiya nayo yatanze ibyo kurya
Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.