Umubyeyi wa Miss Shanitah yitabye Imana

Umubyeyi (Se) wa Miss Umunyana Shanitah yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuwa 14 Gicurasi 2020 aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal aho yari amaze igihe arwariye.

Miss Umunyana Shanitah yapfushije umubyeyi

Miss Umunyana Shanitah yapfushije umubyeyi

Amakuru aravuga ko uyu mubyeyi yaba yazize indwara ya Cancer yari amaranye iminsi.

Uyu mubyeyi yaguye kwa muganga asubiyeyo bwa kabiri kuko ubwa mbere yari yagiyeyo aravurwa aroroherwa anasubira mu rugo bigaragara ko ameze neza, ariko mu gihe gito yongera kuremba asubizwa ku bitaro ari na ho yaguye.

Miss Shanitah yamamaye cyane ubwo yinjiraga mu irushanwa rya Miss Rwanda 2018 agatahana ikamba ry’igisonga cya mbere, uwo mwaka anitabira irushanwa rya Miss Africa University, naho muri 2019 yambikwa ikamba rya Miss Supranational ahita anahagararira u Rwanda muri Miss Supranational yabereye muri Polonye.

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.