Umukecuru w’imyaka 86 y’amavuko ni umwe mu bagiye i Maka mu ijoro ryakeye

Umukecuru witwa Amina Mukanduhura, ni umwe mu bayoboke b’idini ya Islamu mirongo inani na batanu (85) bahagurutse i Kigali mu ijoro ryo ku cyumweru berekeza i Maka muri Arabiya Sawudite mu mutambagiro mutagatifu (Hidja).

Umukecuru Amina Mukanduhura avuga ko yaharaniye kujya i Maka akiri urubyiruko none abigezeho afite imyaka 86 y

Umukecuru Amina Mukanduhura avuga ko yaharaniye kujya i Maka akiri urubyiruko none abigezeho afite imyaka 86 y’amavuko

Uwo mukecuru w’intege nke, ugendera ku kabando, avuga ko yavutse mu 1933, ni ukuvuga ko afite imyaka 86 y’amavuko. Avuga ko ubu atuye mu Nkoto ariko iwe ngo ni i Nyarugenge ahitwa ku Mucyo.

Ni ubwa mbere agiye gukora umutambagiro mutagatifu. Ngo yashatse kujyayo kera, ntibyamukundira, none kuri iyi nshuro akaba yishimiye ko abashije kujyayo. Icyakora ngo yirinze kwishima cyane kuko ataramenya niba agerayo.

Ati “Ubu se urambaza ibyishimo mfite, nari namenya ko ngerayo?”

Umukecuru Mukanduhura avuga ko yatangiye gutegura kujya muri uwo mutambagiro mutagatifu akiri urubyiruko ariko amafaranga bisaba ntabashe kuyabona. Kuri iyi nshuro kugira ngo abashe kujyayo, ngo yagurishije akarima ka se, aherutse gutsindira nyuma y’igihe kirekire yari amaze akaburana.

Ati “Ngiye i Maka kuko ari ku butaka bw’intumwa zacu. Imana yavuze ko Umusilamu uzapfa yarageze i Maka azapfa neza, ko Imana izamwakira neza kandi ikamwishimira. Ningerayo ndatekerereza Imana ibyanjye kandi irabizi.”


Uwo mukecuru avuga ko amaze igihe mu idini ya Islamu kuko mu 1952 yari Umuslamu.

Ati “Icyo nabwira abantu ni ugukunda Imana kuko ngeze aha ku bwayo.”

Kujya i Maka mu mutambagiro mutagatifu bisaba ubushobozi bwa miliyoni zisaga eshatu z’Amafaranga y’u Rwanda ku muntu umwe.

Abahagurutse mu Rwanda bagiye i Maka bahawe umwambaro ubaranga

Abahagurutse mu Rwanda bagiye i Maka bahawe umwambaro ubaranga

Mukanduhura ni we mukuru kurusha abandi 84 bahagurukanye mu Rwanda berekeje i Maka kuri iyi nshuro. Ni mu gihe umuto muri bo afite imyaka 20 y’amavuko. Barimo abagore 48 n’abagabo 37.

Biteganyijwe ko indege ibavana i Kanombe ku kibuga cy’indege ihaguruka saa sita mu ijoro ryakeye, bakazagaruka mu Rwanda tariki 25 Kanama 2019.

Babanje guhabwa impanuro mbere yo guhaguruka

Babanje guhabwa impanuro mbere yo guhaguruka

Hakunze kuvugwa ibibazo by’umutekano muke n’umubyigano ukabije ku baba bitabiriye uyu mutambagiro mutagatifu, hakaba n’igihe biviramo bamwe mu bawitabiriye kuhasiga ubuzima.

Abagiye bayoboye iri tsinda bavuga ko nta mpungenge z’umutekano wabo bafite kubera ko babanje kubahugura mbere yo guhaguruka uko bagomba kwitwara, kandi bakaba barabafatiye n’amacumbi yegereye urusengero rw’i Maka.

Ngo banatojwe kumvira ubuyobozi no kubahiriza gahunda kuko kutabikora ari byo bijya biteza impanuka.


Buri muyoboke w’idini ya Islamu wese ubifitiye ubushobozi asabwa gukora umutambagiro mutagatifu ubera i Maka muri Arabiya Sawudite nibura inshuro imwe mu buzima bwe.

Bahawe impanuro n

Bahawe impanuro n’abayobozi batandukanye mbre yo guhaguruka

Sheikh Djamil Murangwa ni umwe mu bayobozi b

Sheikh Djamil Murangwa ni umwe mu bayobozi b’idini baherekeje abagiye mu mutambagiro mutagatifu

Bari baje guherekeza abo mu miryango yabo no kubifuriza urugendo rwiza

Bari baje guherekeza abo mu miryango yabo no kubifuriza urugendo rwiza


Inkuru bijyanye:

Dore ibyo utari uzi ku mutambagiro mutagatifu ubera i Maka

Facebook Comments Box

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.